UMUKOBWA W’INZOZI ZANJYE Episode 8

0
33

.

.

Episode 8

Nerekejeyo mumutima ntatuje, kuko nari nziko

ngiye guhemukira inshuti yanjye, gusa nanone

mumutima numvaga ntayandi mahitamo mfite,

numvaga urukundo nkunda Ada ibindi bintu byose

bibaho kwisi byarubera igitambo rwo rugakura

rusigasiwe, nageze iwe hasa nahafunguye ninjira

ntakomanze ndamuhamagara yitabira muri

douche, nahise nicara kuri imwe muntebe nke

zari aho muri salon ndategereza, gusa nyine

namwe mutekereze ishusho narimo nkora

mumutwe, kwicara muri salon wumva muri

douche amazi amanuka kumubiri w’umukobwa

nkunda, ntakuntu ntari kwifuza kuba naba ndi

kumwe nawe twogana.

Ntibyatinze yasohotse yambaye agasume kagufi

cyane, yari ahishe igice gito cy’amabere no

munsi y’umukondo gusa, yarunamye ansoma ku

itama arangije yinjira mucyumba ndeba nsigara

numva ndimo gushira muntebe.

narategereje yisiga amavuta aranambara arangije

asohoka yisetswa aba yicaye muntebe nanjye

nti:”amakuru c Ada”

“ni meza tu, nizere ko ntakwicishije irungu”

“oya ninjye waje mugihe kibi, nari kuba

nategereje gato”

“wari kubwirwa n’iki c ibyo ndimo? ahubwo

ndibutse, Aline ngo kuva cya gihe

nturamuvugisha”

“nta nbr ye ngira”

“Jimmy nari nziko uri umuntu w’umugabo none

guhera uyu munsi ntakintu tuzongera kuvugana”

“umuntu w’umugabo areba icyo akeneye

n’amarangamutima ye akaba aribyo aha

umwanya, nanze kubeshya umukobwa w’abandi

Kandi….” ahita ahinduka bisa naho yari yibutse

ibyari byabaye umunsi duherukana amenya icyo

nari nshatse kuvuga ahita ambwira “Jimmy niba

ari feeling zizaza wowe byiyumvemo, ahubwo

narimfitanye gahunda na Eddy reka mpamagare

Aline niba ahari muze twese tuze kujyana aho

twari gusohokera ibe double date”

ntarikiriza ahita yirukira mucyumba agaruka

afashe phone muntoki arimo yivugishwa,

“ndabona Eddy yampamagaye inshuro 3, reka

mbanze muhamagare mbone kuvugisha Aline”

aba aramuhamagaye nigira nkaho ntakintu

mbiziho, phone irimo irasona ati:”Jim noneho

ntuze kwitwara nabi nka wa munsi” nikiriza

nzunguza umutwe atangira kuvugana na Eddy

njye numvaga ibyo we yarimo amusubiza agira

ngo “yeah” “ooooh chch nari maze kwitegura”

“gusa ntakundi tu” “yeah nibikunda use

kumbwira” “Sawa bye bzu” arakupa ntungurwa

n’uko atamubwiye ko turi kumwe

aba arandebye asa nubabaye ati:”birapfuye shan”

ndamureba sinageza icyo mvuga arakomeza

ati:”Eddy ngo abonye ikiraka arakivamo nka saa

mbiri ngo nabona birakunda ko tubonana

arambwira”

mpita mwenyura nawe araseka ati:”biragushim

ishije?”

“byabuzwa n’iki kunshimisha Ada, nubwo

ntakubonaho ibyo nkwifuzaho ariko basi

n’amarangamutima umwanya nganira nawe

twenyine birampagije”

“ako Jimmy wabaye ute? ko abakobwa hanze

aha hari benshi beza ntanakwigereranya nabo

kuki njye kdi ubizi ko nkundana n’inshuti yawe”

“arega urukundo ntirutugisha inama, ngo rutubaze

ibibazo nka Jim uriya mukobwa uramubona ute?

Jim uwakunda Aline c? rwifitemo ikintu

tudashobora gucontrora tu niyo mpamvu ubona

hari abasara kubera rwo”

“abasara ni abanyantege nke”

“buriya nanjye ndi umunyantege nke”

“reka wowe usa n’umuhehesi”

“byashoboka ko nariwe mbere ariko narakubonye

ndahinduka, mba numva ntawundi mukobwa

nshaka Atari wowe, gusa nawe wasanga ari uko

bimeze ni uko uba udashaka ko feeling uziha

umwanya ngo zigutanye na Eddy ariko hari

impamvu wambinye bwambere ugahita umenya,

Ada may be we’re destined guhindurirana

amateka”

“ibyo ntibishoboka, nyamara da Eddy adahari

bishobora gukunda, ariko mukunda kurusha uko

ubitekereza”

“ese uramutse usanze Eddy aguca inyuma?”

“ntibishoboka, Eddy arankunda ndabizi KO nta

side chicks agira”

“birashoboka, muzi kuruta uko umuzi”

“ndabizi ko umuzi cyane, ariko ibyo umbwira

sinabyemera tu kuko nzi icyo ushaka”

“mfite proof”

“nta proof nkeneye Jim, niba hari ibyo yakoze ni

amateka ntamuntu utagira. . tunabireke Jimmy

ibyo ntahantu byatugeza”

“umva, Eddy wizera umuzi igice ni inshuti yanjye

ariko reka mbikubwire kuko uwo ukunda

umurinda ikibi, Eddy arakubeshye ngo abonye

ikiraka kdi ari kumwe n’umukobwa bakundana

w’iwabo mucyaro wamubyariye numwana, niba

ugira ndakubeshya fata moto ujye iwe urambwira

ibyo uza gusangayo, arega mvuye iwe niwe

warumbwiye ngo nze nkurangaze kugira

utabitekerezaho cyane” mpita nanahaguruka

nk’ushaka gutaha amfata akaboko ati:”Jimmy ko

Eddy ari inshuti yawe ibi urabimbwirira iki?”

“ntayindi mpamvu ndabikubwira kubera ngukunda

gusa ni amahitamo yawe kujyayo cg ukabireka

njye ndatashye, sinaguma kwiyoberanya ngo

ngume hano kdi mumutima nziko ntegereje icyo

ntashobora kubona” aba arandekuye nsohoka

andeba ngeze kumuhanda mfata akamoto

nerekeza murugo.

.

.

nyuma y’isaha ndi mukaghetto kanjye niryamiye

ndi kuruhuka nagiye kumva numva umuntu

arakomanze njya gufungura ntungurwa no kubona

ari Ada akimbona ahita angwamo atangira kurira

mwinjiza munzu, ntantebe nagiraga ubwo twahise

twinjira mucyumba turicara ahita andyama

mugituza ariko akomeza kurira ntangira akazi ko

kumuhoza ukuboko kumwe kuri mu misatsi ye

ukundi guhanagura amarira kumatama, nanze

kugira icyo mubwira kuko numvaga atarakira

neza ibyo amaze kubona, hasize iminota nka 30,

aba aravuze :”nsanze muri salon hafunguye

babyina bari gusomana Jimmy”

“sorry Ada”

“ndashaka ko dukora urukundo, may be nibyo

bituma mbyibagirwa”

ndamureba nibaza niba ndi kurota cg numvishe

Nabi…..

.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here