UMUKOBWA W’INZOZI ZANJYE EPISODE 4

0
6

.

.

EPISODE 4

Akimara kumbwira ngo aratashye Nanjye

nti:”ngo?”

“ndatashye, mfunze machine ngira ngo

ngusezere jimmy” ahita ahaguruka ansubiza

telephone yanjye afata agakapu ke atangira

kugenda abona njye ntakimenyetso na gito nkora

cyo guhaguruka arangije arongera ati:”I’m sorry

jimmy, naje nziko aribyo tuza kuganiraho ariko

byananiye, nari nabuze aho nahera, iyo uza kuba

wabimenye kar ukabimbaza ahari byari

kunyorohera gusa ni uku bigenze ndatashye, may

be ningira amahirwe tukongera tugahura

tuzabiganiraho” yari agiye agiye burundu, yari

yaje burya aje kunsezera, ibihe byiza n’ibibi

twagiranye byari birangiriye aho, narabiteganyaga

ko bizarangira ariko sinifuzaga ko byaba vuba

bigeze aho, yahise asohoka mucyumba nanjye

ndahaguruka ndasohoka nsanga ari kwambara

inkweto muri salon, arangije asohoka atongeye

kundeba nanjye mpagarara mumuryango mfata

mumpande zombie n’amaboko yombi, arenze nka

metero icumi arahindukira arandeba agaruka

yiruka aransoma kumunwa nk’iminota itatu, njye

nari mpagaze meze nk’igipupe, ahita anyongorera

mugutwi :”nashakaga ko umunsi wanyuma kuri

twembi uba uwo kutazibagirana, si uku

nabyifuzaga ariko ni uku bigenze jimmy, numpa

amahirwe tukongera tukabonana I’ll make it up to

u” ariko se ninjye wari ufite gutanga ayo

mahirwe? Yahise agenda mumutima mbizi neza

ko tutazongera kubonana, ko niyo twakongera

bizaba bimeze nk’abantu bataziranye, iyo yari bye

bye kiss.

Amaze kugenda nahise ngura amaunite kuri MM,

ntangira guhamagara abakobwa bose

twavuganaga, nahamagaye mireille mpamagara

ketie, mpamagara Sandrine mpamagara n’abandi

ntacyibuka amazina mvugana nabo ngerageza

kumera nk’udafite ikibazo ni bake muri bo

bambwiye ko nshobora kuba ntameze neza, gusa

muri bo ntanumwe wari kumera nka Angel,

ntanumwe muri bo wari kuzageza ahe, ngo

muhamagare mukeneye mpite mubona,

ntanumwe muribo nari nzi watinyuka

kumpamagara ambwira ngo ndi iwawe ihute ndi

horny, ntanumwe muri bo nari kugira ikibazo ngo

mubwire ngo bimeze uku, imibanire yacu hafi ya

bose yari ishingiye kukinyoma, abo ntari

narabeshye ko nzabashyira muri film ndi

kwandika nari narababeshye ko mfite akazi keza,

Angel nubwo ntamuhaga agaciro cyane wenda

bitewe nuko yari yaranyeretse ko azahora ari

ready igihe cyose nzaba mukeneye ikibazo cyose

nzaba mfite bimwe bavuga ngo umenya agaciro

k’ikintu ari uko utakigafite, yari atandukanye

n’abandi bose nari mbizi ko nzahora muzirikana.

Umunsi wakurikiye nagiye mukazi nk’ibisanzwe,

muma saa yine umugore wa boss azana ibintu

yari avuye kurangura idubai twarangije kubyinjiza

muri stock nka saa sita, atumaho take away

turya turi kuganira, twari tumaze kuba inshuti,

nyuma ya mama niwe mugore wundi nari

mbonye unyishimiye, turimo kuganira aba

arambwiye “ako jimmy ndabona utameze neza”

“girlfriend wanjye yampaye invitation y’ubukwe

bwe, abufite muri uku kwezi” nkibivuga aba

arasetse cyane, gusa nanjye siniyumvishaga ko

namubwiza ukuri nubwo kutari ukuri neza ariko

byarasaga, iyo bamupropoje nubundi invitation

ziba ziri hafi, ahita ambwira :”ese nawe ugira

girlfriend?”

“nabuzwa n’iki?”

“ukunda abakobwa cyane sinari nziko hari uwo

ukunda kuburyo byakubabaza kumva ngo yagiye”

“ubundi simbakunda, kubavugisha cyane ni

igitabo narimo nandika mba mbakoraho

ubushakashatsi”

“nizere ko icyo gitabo arinjye uzaba uwambere

mukugisoma” abivuga aseka cyane, abona

ndacecetse arakomeza ati:”ihangane tu, ni iby’iyi

minsi”

“mugihe cyanyu siko byari bimeze?”

“twe bakujyaniraga uwo utazi maze” gusa yarimo

akina kuko yari akiri muto, umwana we mukuru

namurushaga imyaka 10, akirangiza kubivuga

telephone yanjye iba irasonnye, ndebye mbona ni

balbine umpamagaye ndayifata nitabira imbere

ya bosskazi, akivuga allo mpta musubiza

nti:”birantunguye, maze nari nziko utasavinze na

nbr yanjye”

“kubera iki se?”

“urayizi impamvu singiye kuyisubiramo, amakuru

se?”

“ni meza” mbura icyo musubiza ndaceceka ahita

yongera “ko ucecetse se?”

“nagiraga nguhe umwanya wo kumbwira icyo

umpamagariye”

“uri buzy?”

“oya”

“none se kuki utumva ko naba nguhamagaye ngo

tuganire gusa?”

“hhh sorry noneho”

“ndaza kuza mumujyi saa kumi, uraba uhari se

tuze kubonana?”

“yego sha, biraba ari amahirwe kongera

kukubona”

“sawa”

Ahita akupa, agikupa bosskazi ahita abiteraho

comments ati:”biragaragara ko utameze neza

rwose”

Ndaseka nti:”kubera?”

“nibwo bwambere nakubona uvuga make kuri

phone uri kuvugana n’umukobwa, ubundi

wavugaga ibintu nkibaza niba warabisomye kwa

shakespare bikanshanga”

“wabona ntameze neza kbsa”

“nguhaye uburenganzira igihe uza kumva urushye

witahire ndahakubera kugeza bwije, gusa

nuramuka utashye ntujye mukabare ugende

uruhuke kuko ejo dufite akazi kenshi”

“yego rwose murakoze”

Nakomeje akazi numutima mwiza ndimo

gutekereza kuri gahunda nari mfitanye na Balbine

n’uko mabuja yari ampaye umwanya wo gutahira

igihe nshakiye, numvaga ndakora ibishoboka

balbine nkamutahana, byageze mumasaa cyenda

angel aba arampamagaye kuri phone, numvaga

mfite uburenganzira bwose bwo kutamufata,

ariko kubikora nabonaga ntaho naba ntaniye na

babandi batandukana bagahinduka abanzi, angel

twari twaragiranye ibihe byiza nagombaga

kumwubahira icyemezo yafashe nkamufasha

nawe kwakira ko ibyanjye nawe birangiye,

urukundo rwanjye nawe rwari rurangiye ariko

ikiduhuza cyari kuzahoraho itekaryose *ubucuti*,

nkimufata yahise ansuhuza ambaza amakuru

mubwira ko meze neza ndi kwakira ibyabaye,

ambwira ko ashaka ko tubonana mwemerera

ntabanje kubitekerezaho ahita ambwira saa kumi,

ambwira naho turi buhurire arangije aransezera

arakupa.

Akimara gukupa nahise nibuka balbine, gusa

numvaga niteguye kwica gahunda ye kubwa

Angel, hari amahirwe y’uko namujyana iwanjye

tugakora ibyo nifuza ariko nabitekerezagaho

nkabona birasaba izindi ngufu, hari igihe byari

kunsaba kubanza kumujyana ahantu nkamugurira

icyo kunywa n’icyo kurya narangiza nkamushuka

ngo aze njye kumwereka mu rugo, ariko hari

amahirwe ko yabyanga nanatakaje ayanjye, ariko

angel we kuva ariwe wari umpamagaye nari

mbizi ko ntakindi ndi bumutakazeho uretse ticket,

kandi ikindi nanjye nifuzaga ko byarangira

mumahoro, uko nari ndemerewe ndakeka nawe

byari hafi kungana cg birenza ibyanjye.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here