UMUKOBWA W’INZOZI ZANJYE Episode 3

0
30

Episode 3

Abakobwa ukuntu bateye kuburyo akurakarira

ntacyo wakoze ukibonaho ikosa, bafite ukuntu

bateye kuburyo aceceka ntakuvugishe ugakeka

ko hari ikibahangayikishije ntanigihari, ni abana

beza turabakunda ninayo mpamvu habonetse

ishuri ribigishaho twakwiyandikisha turi benshi.

Angel nibwo bwambere yari ankoze ibyo bintu,

kuko n’umunsi wambere ndabyibuka yari cool

kundusha, ikirenze kukuba ibyo namushakagaho

ntari mbibonye uwo munsi yari acecetse cyane,

nari muziho kuganira gusetsa yari umukobwa buri

wese yakwifuza kugirana nawe igihe gito niyo

mwaba muganira gusa.

Nabonye twese kuganira nk’ibisanzwe uwo munsi

bitari bushoboke, mfata machine yanjye

ndayifungura ubundi playing comedies za charle

de chaplin *charle atandukanye n’abandi

bacomedian twaba twaramenye, singiye kunenga

ubuhanga bwabo ariko charle hari ikintu

abarusha, yamenyekanye igihe technology yari

ikiri hasi cyane ariko ibihangano bye nanubu

biracyatangaza abantu benshi cyane, uriya

mutype ni umuhanga kuburyo utangira guseka

ukimubona ntanikintu arakora*, gusa guys

ntimuzanyigane, umukobwa nagusura

ukamushiriramo comedy ashobora kwishima ariko

azabona utari cool ukuntu, ni byiza gushaka ikindi

kintu kiri romantic ukagaragara nk’umusirimu

imbere ye, muzagire sinjya mbagira inama

hahahahah. Kuba njye narishiriyemo comedy ni

uko nari nziko nkunda guseka Angel akaba ari

mubantu babimfashagamo yagiraga blagues

zirenze cyane izanjye, kuba rero muri twe

narabibonaga ko ntawe uri bushobore gusetsa

undi noneho nashatse kuruhande ikindi kintu

kidusetsa.

Twatangiye kureba izo comedies tukajya tuganira

tuziteraho commentaires gusa uko nabibonaga

angel iyo yasekaga ntiyirekuraga nk’ibisanzwe,

narabibonaga ko ashobora kuba afite ikibazo

ariko nashakaga ko akinyibwirira ntakimubajije.

Hasize iminota nka 30 tuganira telephone ye

yarasonnye ajya kuyitabira hanze, twari

twarumvikanye ko tugomba gukundana ariko

ntihagire uwinjira mubuzima bw’undi buri prive,

niyo mpamvu ntabigizeho ikibazo asohoka,

sinanakigira mbonye atinzeyo cyane, ahubwo

nahise mfungura facebbok yanjye ngo nandike

akantu nari ntekereje ako kanya

~ntimukandenganye abanditsi tutari professional

facebook twayihinduye notebook zacu~ ubwo

ngifungura aho guhita nandika mbanza kunyura

mumastatus yari ari guhitting, ngiye kubona

mbona ifoto y’umutype upfukamye ari gupropoza

umukobwa ndayizooming ntungurwa no kubona

ari angel neza, nahise ngira amatsiko ndeba

comments zihari kuko ntiyumvishaga uburyo

Angel bamupropoza, rwose numvaga ari nka

cover ya video y’indirimbo kuko yari amaze

iminsi atangiye kugaragara mumashusho

y’indirimbo z’abasani bo murwanda, nkiyabona

mbona comment ya mbere ni link y’inkuru yari

kuri kimwe mubinyamakuru byandikira kuri

internet nahise nyifungura ntabanje

kubitekerezaho ntungurwa na title bari bahaye

iyo nkuru yagiraga iti :”UMUKINNYI

NSHIMIYIMANA ******* UKINA MURI APR

NYUMA YO KUVA MURI UGANDA BANANIWE

GUTSINDIRA UMWANYA WA GATATU YAHISE

ASABA UMUKOBWA BAMAZE IMYAKA 3

BAKUNDANA KO YAMUBERA UMUFASHA” Inkuru

itangira ivuga kuri uwo mukinnyi ikavuga ukuntu

imbere y’abafana ba APR bari baje kubakira

kukibuga cy’indege yahise apfukama imbere

y’umukobwa witwa Angel Mutesi wagaragaye

mumashusho y’indirimbo ya Christopher

ntababwiye izina, amusaba ko bakomeza

ubuzima bakibanira ubuzira herezo, umukobwa

nawe akaza kumwemerera ibindi muze

kubyishakira kuri google lol.

Narangije gusoma numva mumutwe sinzi ukuntu

mbaye, nibajije ukuntu bimbabaje bigeze aho

kandi ntari nteze kuzamutwara, kwikunda si ikintu

cyiza buriya, numvaga nubwo ntagahunda ifatika

mufiteho ntashaka kumwumva cyangwa

kumubonana n’undi mugabo, noneho gutekereza

amukorera ibirenze ibyo yankoreraga muburiri

byatumaga numva nenda gusara, birashoboka ko

yabikoraga kuko yagendanaga n’abastar cyane

ariko nirindaga kwibabaza mbishakaho amakuru

none yari ansanze ntagiye kure, ynjiye

ntariyumvisha neza niba ndi kurota cyangwa

byaba ari ibintu byabayeho, arangije aricara

kuburiri aho yari yicaye ahita ahagarika

amashusho ya charle yari acyikina muri machine

yanjye agiye kugira icyo avuga mpita mubwira nti

:”ariko ko utambwiye ko ufite impanga” aba

arandebye aramwenyura ahita yongera kwijima,

nkeka ko yari atekereje ko ngiye kumutera za

blagues zanjye yagera nyuma agahita akeka

ibindi, ahita ambwira :”nta mpanga ngira jimmy”

nari nagiye kuri wall y’uwo mukinnyi nkuraho

ifoto ari kumwambika impeta yanditseho ngo

“she says yes” mpita muhereza phone

nyimwereka ati:”ibi nabitegereje kuva kare, none

ubimbajije mugihe kibi jimmy, ndatashye”

Ntucikwe n’agace gakurikira

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here