UMUKOBWA W’INZOZI ZANJYE episode 10

0
31

.

.

episode 10

.

ntabwo biba byoroshye gufungirwa ikintu utazi,

biragucanga iyo ubona ntanagahunda yo

kukubwira icyuzira, nirengagije uburyo nakiriwe

nakwa Aya bougie bubabaje ntashobora

kubabwira n’ubusanzwe nari mfashwe nabi

kuburyo ntakindi natekerezaga uretse kumva ko

Eddy ari umugome, numvaga njye nubwo

bahangirira ikimuga ntamutima wo kwihorera

mfite, numvaga ntashobora kuba nkawe inshuti

iyo iguhemukiye ntuyitura igihano nkakiriya,

ubundi ahari urukundo haba hari n’imbabazi, kuba

rero Eddy yari ankoze ibyo byanyerekaga ko

burya nta bucuti twigeze tugirana.

kumunsi wa 3 boss yaje kunsura n’umugore we,

ubusanzwe ni Ada wansuraga buri munsi, boss

ariko twavuganye amaze kuvugana n’abapolisi

bampa ibyo bari banzaniye abapolisi

banyemerera kubirira hanze n’ubwo bitari

byemewe turi kuganira sinzi uko navuze nti:”boss

ntakintu wamfasha basi nkamenya icyo nzira?”

“ese ntuzi n’icyo uzira?”

“rwose ntacyo bambwiye”

“ibintu urimo birakomeye, niba batarabikubwira

buriya amategeko aha ntazigera akurikizwa na

gato ushobora kumara aha iminsi irenga itanu tu”

nunama mbuze icyo kumusubiza aba arongeye

ati:”nari ngiye kugufasha ariko banteye ubwoba,

batubwiye ko ari abana ngo wateye inda bari

munsi y’imyaka 18, ababyeyi babo barashaka ko

ngo ujya murukiko tu, ni ugutangira gushaka umu

avocat, kuko nabajije abapolisi ababyeyi babo

bana bambwira ko kubitubwira byakwica

ibimenyetso numvaga tuvuganye nabo tukabaha

amafranga hari igihe ikirego bagishira hasi, ako

abapolisi banze kudufasha barangije banatwaka

ruswa ukuntu ari abagome ngo tubone uko

twinjiza ibyo kurya”

sinari nzi ko boss wanjye ari umuntu mwiza

bigeze aho uretse kuba ntarigeze mwiba nari

umunyamakosa ariko nk’abandi bakozi bose

sinatekerezaga ko yagira uwo mutima wo

kugerageza kumfasha kuva aho hantu, nahise

mubwira n’amasoni menshi nti:”I’m sorry kuba

nabateje ibibazo rwose, ntabwo ari ngombwa

kumfasha n’ubwo ibyo bintu ndegwa ntabizi ariko

reka byirengere tu wasanga arinjye wabyiteye,

muri abantu beza ntimwagakwiye kumenyana

n’umuntu wazanywe aha hantu, ndimo ndangiriza

isura yanyu”

“oya wivuga gutyo, ntawe bitabaho tu aha

ntihaza abanyamakosa gusa hari n’abaharenganir

a” mabuja avuga ibyo nibajije ukuntu andengera

kdi yarahoraga anserereza kugukunda abakobwa,

ahari ni uko yumvaga angiriye impuhwe yangaga

kumbwira ikintu cyankomeretsa.

twakomeje kuganira nyuma y’iminota 30 barataha

bataha ariko mbabujije guhamagara murugo kuko

ntashakaga ko bahangayika, iminsi yakomeje

kwicuma ariko Ada ansura kumunsi wakane

ambwira ko yabonanye na Eddy ariko ko

yahakanye ko hari uruhare yaba afite mu ifungwa

ryanjye, abivuga numvishe ntewe ubwoba no

kumbwira ko babonanye numvishe bishoboka ko

Hari ikindi kintu gishobora kuba, umunsi

wakurikiye Eddy aza kunsura, nkimubona nahise

mbwira umupolisi ko ntashaka kubonana nawe

umunsi wakurikiye nibwo nagiye kubona mbona

baransohoye bambwira ko nsezerewe mbabajije

kubyo ndegwa bambwira ko bakoze iperereza

bagasanga ndi umwere, bamaze kumpa utwanjye

twose ndenze amarembo ya prison umupolisi

w’umugore aba aje anyirukaho aba arambwiye

“ukuri ni uko hari umukobwa wishyuye ngo

bagukorere ibi tu, yashakaga ko bagukubita

bikomeye gusa abapolisi bagize ubwoba

bamubeshya ko bari kubikora, umukobwa

mufitanye ikibazo ukomoka mumiryango ikomeye

umwitondere” ndamushimira Ada wari waje

kumfata amuhereza akanote ka bibiri arangije

turakomeza turagenda twatangiye kubiganiraho

ngeze tugeze murugo.

maze kwitunganya neza nongeye kuba umusore

muzima Ada yahise ambwira ngo Jimmy hari

ikintu nshaka kukubwira.

ntega amatwi ndamureba aba aratangiye

ati:”bwambere ndashaka kugusaba imbabazi”

akibivuga nibajije niba ariwe wamfungishije

birancanga abonye nkomeje kumureba ntacyo

musubiza arakomeza ati:”sinakubereye imfura

mugihe twari tubanye, nakomeje gukora amakosa

na Eddy niwe wambereye uwambere nyuma yaho

biriya bibaye yaje kunsaba imbabazi nanga

kuzimuha sinzi uko nageze mumaboko ye nibuka

yansomye kumwiyaka birananira, niyo mpamvu

wabonaga ndi kumara aha igihe kirekire nagiraga

ngo ntongera guhura nawe, gusa ntacyo

byamfashije kuko nubundi byarabaga ntazi uko

bigenze” mumutima nibajije numvishe ngize

umujinya ariko kuko namukundaga umujinya

numvaga nkugiriye Eddy, nabuze icyo musubiza

nkomeza kumureba arakomeza ati:”ntabwo nari

naniteze ko umbabarira ariko nifuzaga ko

ubimenya kuko nari ntangiye kugukunda Jimmy,

icyakabiri ndagiye tu mwese sinshaka kongera

kubabona ndagiye kure, sinshaka gukomeza

kubaho mbayeho nk’indaya yanyu mwembi

umbabarire tu kuko birangiye ariho byari

bitangiye kuba byiza, nanjye sinifuzaga

gutandukana nawe ariko sinashobora kubana

nawe nziko nagucaga inyuma n’inshuti yawe,

ndashaka urundi rukundo rutari uru” yarangije

kubivuga amarira nyafatiye mumaso ngo atagwa

mba ndamubwiye nti:”mbabarira Ada sinshaka

kukubura, ndagusezeranya ko nzakuba hafi

ndagusezeranya ko nzakurinda ko Eddy

yakongera kukugera nzagukunda urukundo

ruzagufasha kukunda njyenyine”

aba aransomye ariko abikora narabibonaga ko ari

bye bye kiss, ahita afata agakapu ke arasohoka

ndamukurikira mufata akabokoko ageze

kumuhanda turarebana mumaso narabibonaga ko

adashaka kugenda gusa umwanzuro yari

yawufashe niyo mugarura ntaminota 3 yari

kumara muri ako kaghetto kanjye ahita ambwira

“Jimmy ndagiye sinzigera nibagirwa ko urukundo

wankunze rwatumye uhara byose kubwanjye,

gusa icyo nakakwituye singikoze may be

tuzahura mubundi buzima”

ahita akomeza ndamurekura aragenda.

akimara kugenda nahise mpamagara Eddy

musaba imbabazi ko namenye ukuri ko atariwe,

ngiye kuvuga kuri Ada ambwira ko

yamwoherereje ubutumwa bugufi anambwira ko

yarangije kumpambabarira kubyo namukoze

mbere birangira dupanze ko weekend twabonana

tugasangira.

nkimara gukupa sinzi uko igitekerezo cyanjemo

mba mpamagaye Balbine bwambere ntiyayifata

ndongera ndamuhamagara bwakabiri arayifata

ariko araceceka, nanjye nceceka akanya mbonye

atavuze mba ndamubwiye nti:”ni iyihe mpamvu

wakoze biriya” ahita akupa mpita menya ko ariwe

ndangije mwandikira SMS nti:”sinzi impamvu

watekereje kungirira nabi, ndabizi neza ko ari

wowe gusa narakubabariye icyo nashakaga

kumenya ni impamvu yabiguteye”

nkiyohereza nsigara mwenyura nibaza ukuntu

mutekereje hasize akanya aba arahamagaye

nkimufata ati:”ndashaka ko tubonana, ndumva

ntashobora kugira icyo nkubwira kuri phone”

murangira iwanjye neza hasize isaha

arampamagara njya kumufata kumuhanda,

ngenda mwenyura mwereka ko ntacyabaye, gusa

numvaga ntewe ubwoba n’ukuntu adatinye kuza

kundeba kdi abizi neza ko ashobora kuba ari

umupangu napanze wo kwihorera, tukigera

iwanjye nahise mbimubaza ati:”ufite ukuntu

uteye tu kuburyo umuntu adashobora gutekereza

ko wamugirira nabi, ikindi numvaga uramutse

ungiriye nabi waba wihoreye tu nanjye naba

mpaniwe amakosa nakoze”

“back to our business, mbwira impamvu”

“Jimmy wari ubaye umusore wakabiri dukundanye

*kumutima nti twigeze dukundana?* uwambere

nawe twamaze kuryamana ntiyongera

kumvugisha, wowe waje narafashe umwanzuro

ko nubinkora nzakwereka isomo, ndi kubipanga

naje kukubonana n’abakobwa katari na keza

kundusha numva nkagiriye ishyari numva ariko

nabikora gusa kuko ntari nashobora gukubita

umuntu, icyo nari nshoboye kwari ukwishyura

bakabinkorera kdi sinashoboraga kujya

mumabandi nagize ubwoba ko bakora ikosa

hagapfa umuntu mbona icyoroshe ari

ukuguhimbira ibyaha”

“ntabwo wambwiye icyo wabikoreye ariko”

“Jimmy naragukundaga, numvaga utagakwiye

kunkora biriya, sindagusaba imbabazi z’ibyo

nakoze kuko wambwiye ko wambabariye”

“nanjye ndagusaba imbabazi ko ntamenye ko

unkunda ngo nanjye ngukunde”

“hmmm”

dukomeza kuganira mubwira ibyambayeho

mubwira na Ada mubwiza ukuri kurukundo

namukundaga ariko mubwira kubyo muri gereza

nshiramo amakabyankuru y’ukuntu muminsi

yambere nakubitwaga buri munsi mubwira ko

bariya bantu barenze ko bagukubita kuburyo

kumubiri hatagaragara igikomere ngiye kubona

mbona ararize arangije ati:”wajya kubitaro sha

bitazakugiraho ingaruka nyuma?”

nti:”wapi ndumva ntakiribwa ndi gukira”

“then ntumbwire ko udakeneye Ka massage, I’m

ready gutuma umererwa neza ubu chch”

ndamureba mpita menya ikigiye gukurikira.

.

.

The end

umukobwa w’inzozi zanjye Ada twongeye guhura

duhuriye mubukwe nyuma y’imyaka 5 ari kumwe

n’umugabo ari naho yambwiye ko afite n’umwana

w’imyaka 3

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here