UMUKOBWA W’INZOZI ZANJYE Episode 1

0
9

Episode 1

Byari bimaze kundambira kubyuka buri munsi

nziko narose umukobwa ntazongera kubona,

umukobwa wabayeho umukiriya wanjye iminota 5

yonyine, akagenda atambwiye uko yitwa kuko

ntabashije kugira ikindi mubwira kirenze kugiciro

cy’ishyiga rya Gaz yari aje kugura, si uko ntari

nabibonye ko ari mwiza nubwo ubwiza bwe yari

abuhuriyeho n’abakobwa benshi gusa hari

ikidasanzwe yari afite nabyiyumvishemo

nkimubona ari nabyo byatumye mutinya.

kumutinya ndabizi neza ko ntatinyaga ko antera

indobo kuko izo nari maze guterwa zari nyinshi

cyane, abatype nimwe mubizi cyane, ubundi

theory yambere iba mugutereta, uko utereta

abakobwa benshi ninako uterwa indobo nyinshi,

nari maze kwitera abana benshi cyane, nawe

urabyumva ko udashobora kwiyumvisha icyo

natinyaga.

nk’ibisanzwe narabyutse ndoga nambara

utwenda dusanzwe nireba muri mirror mpita

nibwira nti:”Jimmy ni wowe mutype wambaye

neza mumujyi wa Kigali” biragoye kwambara

neza mumujyi wa Kigali gusa biroroshye

kwiyumvamo ko ari wowe wambaye neza

mumujyi wa Kigali, nizere ko mwumvishe icyo

nshaka kuvuga, navuye kumuhima nerekeza

mumujyi ari nako mvugisha buri mukobwa

duhuye, abakobwa ndabakunda ndabizi ariko se

ninde muntu muzima utabakunda, niyo waba uri

ipede hari impamvu imwe yo kubakobwa abo

bakobwa muminsi yashize nibo bavuyemo maman

wawe…. iyo nabaga ngeze neza mumujyi

natangiraga kugenda nigengesereye abantu

benshi bari batangiye kumenya ko ndi umusazi

numvaga nshaka kubereka itandukaniro,

nakomeje kugenda mpura na Eddy inshuti

magara nagiraga aho mumujyi, yakoraga

amatelephone na za machine yari ibogard

kuburyo yitereteraga abakobwa bo mubipangu

gusa, nanjye ubwanjye nari mbizi ko agabanyije

ibintu byo gusohoka yakabaye afite imodoka,

twahuye ari kumwe n’abakobwa babiri bombi

abafashe kurutugu inyuma hari umwe uri

kugenda ari kureba muri téléphone, akinsuhuza

mpita mubwira ndi :”ndabona wabaye Shaggy”

aba arasetse cyane arangije ati:”ndimo

ndaprofita icyo kuba umustar wenyine uri umwe

mumujyi bivuze”

“buriya wababeshye ko ari wowe Safi madiba

bajya babona kuri télévision” abakobwa baba

barasetse ndahagarara nitegereza wa mukobwa

warimo achatting kuri phone, yari buzy cyane

kuburyo wari gutekereza ko ari kuganira na The

Ben cg meddy ndangije mba ndamwegereye

ndamwongorera nti:”icyampa ngahinduka uwo

mutype muri guchatting” aba azamuye umutwe

nk’uwikanze, ntiyari yansuhukije nk’abandi muri

make wabonaga atazi n’impamvu bahagaze

yaranyitegereje nanjye ndamwitegereza nk’ufite

gahunda yo kujya kumushushanya nyuma, yari

afite ikibuno kinini nick Minaj ni urugero

rwiza……..

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here