umukobwa winzozi zange Episode 6

0
6

..

.

..

..

.

Episode 6

Reka ndeke kuvuga ku ijoro rya nyuma yo

gusezerwa na Angel kuko ntakidasanzwe

cyabaye, ahubwo umunsi wakurikiye wari mwiza

cyane n’ubwo nagize akazi kenshi gusa

nagakoraga mumutima ndi gutekereza ukuntu nza

guhura na balbine.

Bidatinze saa sita zaje kugera nerekeza kuri

restaurant nakundaga kuriramo mumujyi, nicara

muri coin ahantu nicaraga buri gihe iyo

nasangaga ntabantu benshi barimo, natse ibyo

kurya abaserveur bari bamaze kumenya ibyo

naka buri munsi kuburyo ikibazo bambazaga

cyonyine cyari ngo “ntacyo duhinduraho?”

bakimara kunzanira ibyo kurya maze gukoramo

nka kabiri nibwo numvishe ikiganza kurutugu

rwanjye,narahindukiye sinatungurwa no gusanga

ari Eddy aransuhuza mbona umukobwa wari

umuri inyuma ampereje ikiganza naramusuhuje

ariko sinita kumenya uwariwe arangije

aratambuka yicara imbere yanjye na Eddy yicara

iruhande rwanjye nibwo nubuye umutwe

nitegereza uwo mukobwa tugihuza amaso

nabaye nkufashwe n’amashanyarazi ndamureba

nawe mbona ari kundeba nibaza niba ibimbayeho

nawe aribyo biri kumubaho ahita ankura

mukimwaro ati:”ako twigeze guhura?” nanjye

musubiza ndidimanga nibaza umukobwa utumye

ibyo bintu bimbaye bwambere mubuzima

umubumbe yaturutseho nti:”nda nda…ndabona

nananjye atari ubwambere”

Eddy aba arasetse ati:”nahita nemera ko ukunda

abakobwa cyane na Ada uramutse

waramutereseho”

Me:”ese yitwa Ada?”

Eddy :”ada uyu ni jimmy, niyo nshuti ngira

mumujyi wa Kigali, jimmy uyu mukobwa ubona

imbere yawe ni umukobwa nakunze ngira

amahirwe nawe arankunda bamwita Ada”

“yeah ndabibona amaze no gutuma utangira kuba

umugentleman”

Ada :”wapi ibi byo sinjye, ari kwitwara

ungentlemanly ntabona kweri ahantu turi” aba

aramwenyuye ndebe iyo nseko mpita nyibuka

ahantu, ada yari wa mukobwa twahuye aje

kugura akantu kuri stock yacu, niwe mukobwa

nakomeje kujya ndota, numvishe ngiriye Eddy

ishyari, numvishe nifuje kujya mucyimbo cye

kandi bidakwiye, gusa sinari kwirenganya yari

afite umukobwa w’inzozi zanjye kuri njye abandi

ntacyo bari bavuze ubagereranije nawe.

Twariye tuganira turangije duhagurukira

icyarimwe tugisohoka mpita mbayoba nabo

barakomezanya, nsubira aho nacururizaga

nkomeza akazi saa yine mpamagara balbine

mwibutsa gahunda, birumvikana sinari

gutegereza ko yongera kumpamagara mbere

kandi umunsi wari wabanje yarabikoze nkica

gahunda, akazi karangiye nafashe moto nerekeza

iwe ngeze kukabare kari kumuhanda yari

yandangiye guhagarara imbere yako

ndamuhamagara bidatinze aza kundba yambaye

boro imeze nk’ishati ariko ndende yagarukiraga

hejuru y’amavi, ansanga aho nari mpagaze

ansoma ku itama arangije araseka ukuntu ari

umwana mwiza ntiyigeze ambaza kubyumunsi

wari wabanje, ndangije ndamureka ajya imbere

ngo anyobore gusa nanashakaga guprofita

kugenda nirebera inyuma he, tugeze iwe

anyakiriza icyayi kuko hari hakonje.

Yabaga munzu ya salon n’ibyumba bibiri, yari nini

kuburyo utari gukeka ko ayibamo wenyine sinzi

uko twabaye nk’abacecetse nti:”ese iyi nzu

uyibamo wenyine?”

Arikiriza ndongera nti:”uwazaza tukibanira ko

atari byiza ko umukobwa mwiza nkawe aba

wenyine”

“ababi nibo bakwiriye kuba bonyine?”

“yeah kuko ntawe uba ubitayeho, ariko wowe

bashobora kugutera cg bakagushimuta”

“reka ntawankoraho barabizi ko papa ari umuntu

ukomeye”

“papa wawe akora iki?”

“ni umusirikare”

“wowe se ukora iki?” aba arasetse ntekereza ko

yari yiteze ko kumbwira ko se ari umusirikare

birantera ubwoba nkaho ariwe narimo ngirana

nawe affaires arangije aransubiza :”buriya

uratangiye kumbaza, mukanya uraje umbaze ngo

uracyari isugi?”

“icyo kibazo sinakikubaza kereka mfite company

ibusubizaho wenda ndimo kugushakamo

umukiriya niho nakikubaza”

Aba arasetse ati:”u’re funny” aba andyamyeho

mpita musoma ntungurwa no kubona abaye

nk’aho yari abyiteze ahita nawe ansoma

turakomeza.

Byarangiye dukoze urukundo ariko natashye

numva meze nkaho naciye inyuma Ada

umukobwa w’inzozi zanjye nubwo nari mbizi ko

afite Eddy kurundi ruhande.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here