MY LIFE IN CAMPUS final episode

0
45

………………………………..

SEE MORE JOBS NEWS

FINAL

Duherukana Olga yinjira murugo kwa davide

agasanga kevine arikumwe na davide bonyine

kevine Arikurira. Ese Olga yakoze iki?

Ese iyi

sigiye kuba intambara hagati yabavandimwe?

Ahaaa reka dukomeze.

Nuko mugihe kevine

arikunsobanurira impamvu yatumye agenda

atambwiye arimo no kurira mbona Olga arinjiye

ndikanga cyane Olga abura ubutera intambwe

aza ansanga nkuko yaraje murugo mbona

amarira azenze mumaso. Birancanga ntangira

kwibaza ukuntu amarira yabantu babiri

ndayahanagura biranyobera nanone nkibaza

mama cg undi muntu wese uragera murugo

agasanga abakobwa babiri barikurira ibyo

aribukeke bitangira kunyobera. Nyamara Olga

ntiyariyitegereje neza mumaso huwo mukobwa

warimo arira kuko yariraga yubitse umutwe. Olga

yahise asohoka nuko agisohoka arira akubitana

na mama mumuryango aramuhagarika.

Aramufata muntugu aramwiyegereza aramubaza

ati mukobwa wange kurimo kurira

byakujyendekeye gute? Akibivuga mbamugeze

iruhande nigihunga kenshi nkibona mama nibuka

ko nsize kevine munzu arimo kurira cyane numva

ndushijeho guta umutwe. Mpitansubira munzi

ntakintu mvuganye na mama ndetse na Olga

ntakintu namubwiye. Maze mama baza Olga icyiri

kumuriza maze Olga amusobanurira ukuntu

byagenze mama yinjira munzu arakaye cyane

Nyamara Olga kuko atari yamenye neza ko ari

kevine yasobanuriye mama yuko ansanganye

nundi mukobwa arikurira mama akinjira ansanga

kevine arikwihanagura amarira. Akibona kevine

asa nuwikanze na Olga amubonye Agwa mukantu

bose barumirwa mbibutseko bose baribaziko ari

muri England. Maze mama abwira kevine ati Ese

ni woe? Kevine mwijwi ryuzuye agahinda ati

ningewe maze Olga Aba araje Amugwamo ubona

amwishimiye cyane. Erega nimugihe reka

Amwishimire numuvandimwe kd baribamaze igihe

kinini batarikumwe. Yaba mama yaba Olga

ikibazo babazaga kevine nikimwe kuki waje

utabanje kutubwira Nyamara Olga we yatunguwe

cyane nuburyo kevine yaje Agahitira kwa davide

atanageze iwabo, Abonako kevine Ashoborakuba

akunda davide cyane Disi urukundo rukora

ibitangaza bikomeye kevine yiyibagije mama we

numuvandimwe Aza ashaka davide kevine

aracyakunda nukuri. Nuko twakomeje kuganira

nabavandimwe babiri ubonako bishimanye cyane

Nyamara mukubona kevine yaje yarakeye cyane

ubwizabwe bwarikubye mbega ubwiza!!! Gusa

nimugihe reka acye yaravuye iburayi.

Naramubonye numva urukundo ruragarutse Gusa

nubundi narinkimukunda gusa kuko atarandi hafi

urukundo rwari rwaragabanutse cyane.

Twaraganiriye biratinda bombi ubona ko

ntakibazo bafitanye nubwo Olga yankundaga

cyane arko yarumukobwa uzikwihangana cyane.

Igihe cyarageze bose barataha gusa nsigara

nibaza ukuntu nzava mubibazo bikaze narindimo

byo gukunda nogukundwa nabavandimwe babiri.

Ba kevine bageze murugo iwabo ngiye kubona

mbona SMS iturutse kuri Olga igira iti :davii

ndagukunda ndetse ntanumuhungu nzakunda

nkuko nagukunze niwowe utuma nseka.,niwowe

ubuzima bwange bwari bushingiyeho gusa

nabonyeko harugukunda kundusha uyumunsi kd

sinifuza kuzakubona ubabaye kuberange cg ngo

Uzicuze kuba utarakunze ugukunda ibintibivuzeko

ndagukunda ndagukunda ndetse cyane arko

nanone nkunda umuvandimwe wange ariwe

kevine. Kubwibyo nabonye urukundo agukunda

uko rungana none sinifuza kubabaza

umuvandimwe nkisoma iyi SMS amarira

yatangiye gushoka kumatama Nyamara nkekako

na Olga arko byaribimeze nukuri. Nuko nakomeje

Gusoma Olga agirati davii nukuri niba unkunda

nyemerera ukunde kevine sinzabikurengan

yiriza

kuko nabonye agukunda birenze uko

nabitekerezaga. Nzahora nkutekeraza,

nzahorankwibuka gusa wahinduye byinshi

mubuzima bwange arko sinababaza

umuvandimwe mbabarira kubwibi nanditse Gusa

ndagukunda. Mbega agahinda natewe niyi SMS

narababaye gusa nsubije amaso inyuma nkumva

Olga aravuga ukuri maze ndamuhamagara aza

murugo tubiganiraho neza ntakundi nagombaga

gusubirana na kevine kubwo umukunzi cyane ko

na kevine namukundaga kd yari mwiza. Muruwo

munsi nasize Olga murugo ngiye kugura fanta

maze nsanga Elie yamuganirije bariguseka cyane

mbonako Elie yamuganirije ntarungu yagize nuko nyuma twaje kumuherekeza arataha

Nuko nangira urugendo rushya na Kevine

Urukundo rukomeza kuturyohera

gusa twaje Gusubira kwishuri kevine yari

yagarutse muri campus ibutare warumunezero

kuri benshi kuko yarakumbuwe cyane Amakuru

yasakaye mukigo hose yuko kevine yagarutse

abenshi bakavugako ntamukobwa umuruta

mukigo. Numvagako arishema kuba nkundana na

missi Nyamara byankururiraga kujya mubitaro

nziragukundwa na kevine. Urukundo rwange na

kevine rwararyohaga cyane ariko rukanambabaza

cyane. Kera kabaye kevine yaje gukundwa

numuhungu wa colonel aramukunda cyane

Nyamara kevine arabyanga niko kumpemukira.

Baranteze mvuye muri Etude ndikujyenda numva

umuntu anturutse inyuma Amfata mwijosi

arambwirati ugomba kureka kevine cg ugapfa

irijoro ndababwirati mukore icyomushaka arko

sinamureka baba bankubise uruti mumugongo

mbanguyehasi nkomeza gukubitwa cyane

kubwamahirwe imodoka iza inyuramuruwo

muhanda bakiyibona bariruka navanywe aho

naguyemuri coma najyanywe CHUK marayo

amezi atanu

Ari naho episode yacu yatangiriye kubo twatangiranye mvuye mubitaro muruko kurwara kevine niwe warundwaje

yakomeje kunyereka urukundo kugeza

nakize .

Hashize iminsi mike nibwo muganga yansezereraga ko nagarutse ibumuntu nuko ndataha umubyeyi anyitaho na kevine akajya anyuzamo akaza kunsura.

Iminsi yakomeje kwicuma nuko mbwira mama ko shaka gutegura umunsi mukuru kuba narakize byumwihariko nkashimira kevine wandwajije amezi atatu nuko mama arabishima turabipanga neza

Nuko bigeze kumugoroba mpamagara umukunzi wanjye mubwirako kuwa 6 atumiwe murugo ambaza ikizaba mubwirako ari surprise arishima ati chr sinzahatangwa

Nuko umunsi wikirori warageze abantu bahari turishima turasangira

Nuko nyuma pfata ijambo shimira buri wese witabiriye nuko mpamagara kevine imbere

Ngira nti uyu mureba imbere ni impano nahawe narurema kuko yambereye umukunzi nyawe amashyi ngo kaci caki

Nuko nkaba mufitiye impano none nasabga kevine yipfuke muhe iyo mpano

Nuko aripfuka ako kanya mpita nshinga ivi nkura impeta mumufuka nuko ndamubwira nti open your eyes my love agifungura yabonye impeta amarira yurukundo nibyishimo aramutaha

Nuko ngira nti wanyemerera ukambera umufasha wibihe byose ntararangiza ati yes yes ndayimwambika mpita mpaguruka ndamuhobera muha aka bz amashyi ngo kaci caki.

Nyuma yumwaka

Olga nawe yaje kwerekeza USA kwigayo ndetse ahurirayo numusore aramubenguka biba byiza

Naho petit frere Elie muri party nari nateguye niho yaje kuboneramo umwali kuburyo baryoshye murukundo

Nyuma yumwaka kevine na

davide baje gukora ubukwe barabana kurubu kevine atwite inda ya david!!

THE END

SEE MORE JOBS NEWS

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here