MY LIFE IN CAMPUS Episode 11

0
40

Episode 11

Duherukana kevine Ahamagara davide ngo

aze amutore muri gare aze amusure.

Ese byaje

kugenda gute ko na pet frere wa davide yarahari.

Disi kevine ntanakimwe Azi. Reka twikomereze.

Ubwo nariteguye vuba vuba ngongende kureba

umukunzi. Hari kuwa 6. Pet frere musiga murugo

gusa ngenda mpimba ibinyoma ndibubeshye pet

frere. Ntibyatinze ngera kumukunzi

ahoyarahagaze antegereje. Turasuhuzanya

nkabantu badaherukana ndangije mufata

mukiganza turataha murugo gusa mumutima nti

ibi bibintu ntibiribunyorohere tu gusa nkakomeza

kwi calma nkumuntu wumugabo. Ntibyatinze

twageze murugo dusanga mama Yicaye muri

salon musobanurira ko kevine ari gf wange ibyo

bya shimishije kevine cyane kuko yumvaga

umuryango wange umaze kumumenya. Nuko njya

mucyumba nshaka pet frere (Elie) ndamubura

niko kubaza ati mama Elie yagiyehehe ambwirako

yagiye muri sport. Mbega kwiruhutsaaaa!!

!!

Numvagako ubwo ntawuhari ibintu bitunganye

Nyamara simenye uko Elie na kevine bameranye

muriyo minsi. Naherutse bakundana gusa

sinarinzi uko bimeze muriyo minsi. Naje muri

salon nakira umukunzi turaganira twishimanye

cyane na mama. Kuko usibye kuba kevine

arimwiza inyuma azi nokuganira cyane. Ibyo

byatumye mama amwiyumvamo aranamunshimira

cyane gusa atugira inama uzuburyo dukwiye

kwitwara mubuzima no murukundo rwacu mbega

ibyishimo mumuryangoo byaribyiza. Gusa nkuko

mubizi umwanzi wibihe namasaha. Saa kumi

nimwe zarageze arasezera ndamuherekeza

tugenda tuganira twishimanye cyane. Kuburyo

uwatubonye wese yatubonagako turimurukundo,

urukundo mama shenge rutwara abantu

nkabasazi nange rwari rumaze kunshyiramukago

zi ntangiye kugendera kumategeko yarwo. Gusa

singewe ngenyine rwari rwafashe mpiri kuko

kevine we yari yaratakayemo kundusha urukundo

disi ruraryoha.twakomeje kugenda tuganira ngiye

kubona mbona pet frere aje aturuka imbere yacu

ndikanga arko ndakomeza ndagenda ndikumwe

na kevine tugiye kumugera iruhande abatipe

bakinanaga baba baramuhamagaye agenda

abasanga. Tumucaho gutyo atatubonye kuko

yakundaga kugenda yubitse umutwe ntiyari

kumbona. Yaramahirwe kuritwe gusa kevine

yariyamubonye neza ahita ambwira ati davii uriya

mutipe ndamuzi twariganye mumpamagarire

musuhuze ahaaa!!!!! Ibintu byari bikomeje

kunkomerana Nyamara mbibutseko kevine

ntakintu nakimwe azi kwisano ryange na Elie.

Nuko mpitamubwira nti uriya mutipe yarenze

mwihorere muzaba muhura cher cg harisano rindi

mufitanye? Kevine araseka ati cher uketse iki?

Ndamubwira nti ntacyo tu turakomeza tugiye

tugiye kugera muri gare kevine arambwira ati cher

bunyiriyeho ntiza fone mbwire murugo ko aribwo

nkibona imodoka bataza guhangayika nkiyimuha

fone pet frere(Elie,) aba arahamagaye

arambaza ati uyu niwa mutipe tubonye mukanya

nange nti yego. Kubeshya kevine cyarikizira kuri

kubera ukuntu namukundaga. Ubwo kevine

abayitabye fone yange Ati Elie iminsi myinshi

nawe ati ninde ko iyo fone ariya grand frere??

Mbegango kevine aratungurwa!!!!

Nawe ati

ntunyibuka? Elie ahita akupa mbega ibibazo!!!

Kevine yahise ahindukira ababaye cyane ati davii

burya urumuvandimwe wa davide? Nange nti

yego ahita ambwira ati nukuri haribyo naguhishe

kuva twakundana gusa unyihanganire kukubwira

ibi kuko Elie yarampemukiye cyane kd mukunda

Gusa sinkishoboye kuguhisha ibi ubwo

yabivugaga ari kurira maze ndamuhanagura

ndamubwiranti mbwira mukundwa nguteze

amatwi………….

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here